Abafana ba APR FC batanyuzwe n’imisifurire basohowe muri Stade Amahoro ku mbaraga

📅 January 18, 2026 • 18:52 • 👁 15 views

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 18 Mutarama 2026, ni bwo kuri Stade Amahoro habereye umukino ukomeye w’Umunsi wa 15 wa Shampiyona y’u Rwanda iri kugana ku iherezo ry’imikino ibanza.

APR FC na Al Merrikh zatangiye umukino zombi zishaka amanota azifasha kuzamuka ku rutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda, nubwo zombi ziri mu makipe ayoboye urutonde rw’agateganyo.

Uyu mukino warangiye ari 0-0, ariko APR FC ikaba yari yabonye igitego ku munota wa 86 ku ishoti ryatewe na Dauda Yussif ari inyuma y’urubuga rw’amahina.

Bitewe n’uko bagenzi be bari imbere y’umunyezamu wa Al Merrikh SC, umusifuzi wo ku ruhande Jabo Aimé Aristote avuga ko baraririye.

Akimara kuzamura igitambaro, umusifuzi wo mu kibuga hagati, Twagirumukiza Abdoul Karim, yamwegereye baganira kuri iki cyemezo ariko birangira bemeje ko nta gitego kirimo.

Abafana batangiye kuririmba bati “umufana wa Rayon Sports, yariye, ubutabera, ntaho tujya, ni ibisambo, aziyahura, birakabije.”

Umukino warangiye aba bafana banga kuva muri Stade mu gihe cy’iminota 30 bari kuririmba izo ndirimbo, bisaba ko haza abapolisi bari bashinzwe umutekano ku kibuga barabasohora.

📸 Gallery

📰 Related Articles

© Cyizere | All rights reserved. Designed by TechSolution